erezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yabwiye Leta zunze Ubumwe za Amerika zihora zimusaba gutegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ko ibyo bidashoboka, mu gihe batarabasha guha umutekano uhamye abaturage be ngo bategeke u Burusiya guhagarika imirwano.
Ni ubutumwa yatanze ku wa Gatatu tariki ya 11 Gashyantare 2026, abwira abanyamakuru ko igitutu ashyirwaho ngo ategure amatora bidashoboka mu gihe u Burusiya bukomeje kwigarurira ubutaka n’ibitero bikiyongera.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, niwe ukunze kumvikana asaba Zelenskyy gutegura amatora y’Umukuru w’Igihugu, ntabangamire demokarasi yitwaje intambara.
Ibitekerezo (0)
Nta gitekerezo kirabonetse. Uwa mbere waba wewe!